GENERAL INFORMATION
Home
About the District
Administration
Services
Priority Sectors
Annoucements
Tender & Jobs
Documents
News & Events
Useful Links
FEATURES
Form
Mail to the mayor
Phot Gallery
Feedback
FAQS
Staff E_mail
PARTNERS
RDB
MINALOC
GTZ
AEE
Connect with us
Facebook
Twitter

IGIKORWA CYO GUTWIKA IBIYOBYABWENGE

Gutwika ibiyobyabwenge

Polisi mu karere ka Rwamagana, tariki 13/01/2012, yatwitse ibiyobyabwenge bitandukanye byafatiwe mu baturage. Mu byo batwitse harimo litiro zikabakaba 130 za kanyanga, ibiro 38 by’urumogi n’udupfunyika twarwo [bakunda kwita utubule] tugera ku 1614.

Hatwitswe kandi inzoga zitemewe mu Rwanda nka Chief Waragi, Suzi na Zebra; abantu bakeka ko zaba zinjizwa mu Rwanda ziturutse mu gihugu cya Uganda. Hanafashwe kandi ibicuruzwa byataye agaciro birimo imitobe 456 yarangije igihe mu mwaka w’2009 ikaba ikorerwa mu gihugu cya Uganda n’ibigori ibiro 2 byamunzwe ndetse hanafatwa amapaki 25 y’amashashi.

Abenga inzoga ya kanyanga bo by’umwihariko bagiye baburirwa kenshi bakanasabwa kureka kuyenga kugeza n’aho benshi muri bo bagiye bafatwa bagahanwa ariko bakanga bagakomeza kuyenga.

Umuyobozi w’akarere ka Rwamagana, Uwimana Nehemie, yasabye abaturage gushishikarira guhangana n’abacuruza bakanakwirakwiza ibiyobyabwenge kugira ngo bafatanye n’inzego z’umutekano guhashya burundu iki kibazo; aha bakaba bahawe numero ya telephone itishyurwa iyo ihamagawe bazajya bifashisha mu gutanga amakuru ku nzego z'umutekano ikaba ari 0788383636.

Kuba abenga inzoga ya Kanyanga badacika intege kandi bahora bihanangirizwa biterwa n’uko nta bihano bikarishye biteganywa n’amategeko bibagenewe, ndetse iyi nzoga kugeza ubu ikaba itarashyirwa ku rutonde rw’ibiyobyabwenge.

Nk’uko byakunze gutangazwa na polisi, ibiyobyabwenge biri mu biza ku isonga mu guteza umutekano muke. Bamwe mu baturage bari ahatwikiwe ibi biyobyabwenge bo banavuze ko uretse kuba biteza umutekano muke binateza ubukene mu miryango.

Guverineri w'Intara y'Ibursirazuba asura Akarere ka Rwamagana

Guverineri w'Intara yIburasirazuba Mme UWAMARIYA Odette

Rwamagana procurement plan

RWAMAGANA_PROCUREMENT_PLAN_2011-2012.pdf

Mayor yagiranye inama n'abacuruzi

Mayor n'abacuruzi basura inzu z'ubucuruzi

Kuri uyu wa kane tariki ya 1 Nzeri 2011, umuyobozi w"akarere ka Rwamagana Bwana UWIMANA Nehemie yagiranye inama n'abacuruzi bakorera mu mugi wa Rwamagana, intego y'iyo nama kwari ukungurana ibitekerezo barebera hamwe uko bavugurura amazu y'ubucuruzi ari mu mugi wa Rwamagana, harimo gusiga amarangi, gusimbuza isakaro rishaje, gukora neza imbaraza z'amazu bakoreramo, gutera indabo cyangwa ibiti. Bamaze kungurana ibitekerezo bumvikanye ko gukorera ahantu hasa neza kandi bagatanga serivise nziza ku baguzi bakabigira inshingano zabo. Abitabiriye inama bose bashyizeho ikipe izajya igenzura ishyirwa mu bikorwa ry'ibyo biyemeje; hakaba harashyizweho ikipe igizwe n'abayobozi ifatanyije n'izindi nzego zikorera mu karere ikazajya ikora igenzura kabiri mu cyumweru, indi kipe igizwe n'ubuyobozi bw'abacuruzi. Bakaba barihaye igihe cy'amezi atatu ko ibigomba gukorwa byaba byarangiye, utazabyubahiriza akazafungirwa inzu. Nyuma yo kungurana ibitekerezo no gufata ingamba abitabiriye inama bazengurutse umujyi wa Rwamagana ahakorerwa imirimo y'ubucuruzi bareba neza ibibazo bihari n'icyakorwa kugirango biranduke burundu.

To top

Location
rwamagana.png
SOCIAL WELFARE
Health Care
Education
Infrastructure
Sport
Culture
Vulnerable Groups
ECONOMY
Agriculture
Industry
Tourism
Investment
Trade
Taxation
Projects
POLICY
Good Governance
Performance Cntracts
Justice
Agasozi Ndatwa
Itorero
Gira inka
 
Copyright Republic of Rwanda, RWAMAGANA District
Designed by Filmax / Gravisio