Imirenge yahize indi mu bikorwa by'Umuganda yashimiwe
Kuri uyu wa 25 Nyakanga 2026 mu Karere hakozwe Umuganda rusange usoza ukwezi kwa Nyakanga 2026. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubutegetsi bw'Igihugu Mme Marie Solange Kayisire ari kumwe na Guverineri w'Intara y'Iburasirazuba n'abandi bayobozi bifatanyije n'Ubuyobozi bw'Akarere n'abaturage b'Umurenge wa Nyakariro mu muganda wo gutunganya umuhanda Bihembe-Munini-Gishore ku burebure bwa Km 6.
Abaturage b'Umurenge wa Nyakariro bashimiwe nk'umwe mu Mirenge 3 yahize indi mu bikorwa by'umuganda mu mwaka w'Imihigo 2025/2026 nyuma y'uwa Kigabiro (bubatse Ibiro by'Akagari ka Cyanya), Muyumbu (bakoze umuhanda n'ikiraro mu Kagari ka Bujyujyu) naho Nyakariro batunganyije Umuhanda Bihembe-Munini-Gishore.
Nyuma y'umuganda, Abaturage bakanguriwe kwirinda ibinyobwa n'ibiribwa bitujuje ubuziranenge, bibutswa ko ibirori bibanza gusabirwa uruhushya kandi ko Umuturage ashobora gukoresha ibinyobwa gakondo igihe yabanje kubisabira uburenganzira mu nyandiko, hakagenzurwa ko hubahirijwe isuku mu kubitegura.
Abaturage bashimiwe intambwe bamaze gutera mu gukingiza amatungo yabo, basabwa gukomeza kwirinda no gukumira indwara y'ubuganga (RVF) mu matungo yuza. Abitabiriye umuganda rusange kandi bibukijwe kwishyura mituweli y'umwaka 2026/2027 kugira ngo biborohere kwivuza no kwizigamira muri Ejo Heza.