Abadepite bashimye ikigero Akarere kariho mu gukoresha ingengo y'imari
Kuri uyu wa 22Mutarama2026 Umuyobozi w'Akarere Bwana Mbonyumuvunyi Radjab yakiriye itsinda ry'abadepite bagize Komisiyo y'imari n'umutungo bya Leta mu Nteko Ishinga Amategeko riyobowe na Hon. Tumushime Francine, baje kugenzura ikoreshwa ry’ingengo y'Imari mu mezi 6 y'umwaka 2025/2026, imaze gukoreshwa ku kigero cya 55.24%.
Nyuma y'ibiganiro n'abayobozi ku Karere, aba badepite basuye icyanya cy'inganda cya Rwamagana, ahari kubakwa urwibutso rwa jenoside rw'Akarere rwa Mwulire n'ahari kwagurirwa uruganda rutunganya amazi rwa Karenge rukagira ubushobozi bwo gutunganya metero kibe 48,000 z’amazi ku munsi ruvuye ku gutunganya amazi angana na metero kibe 15,000 ku munsi.
Aba badepite basanze ahenshi imirimo igeza ahashimishije. Imirimo yo kwagura uruganda rutunganya amazi rwa Karenge yasanzwe igeze ku kigero cya 30%, rukaba rwitezweho ko nirwuzura ruzatanga amazi mu Karere ka Rwamagana no mu Mujyi wa Kigali n'abayakoresha bakayabonera ku gihe kuko ubu bisaba kuyasaranganya.