Ahari kubera imurikagurisha ry'Intara y'Iburasirazuba hiyongereye mu hatangirwa serivise z'ubutaka mu Karere
Kuva tariki 18 Kanama 2025 ku Kibuga cya Police kiri mu Mujyi wa Rwamagana, ahasanzwe habera imurikagurisha hatangiye imurikagurisha ry'Intara y'Iburasirazuba ryateguwe ku bufatanye n'Urugaga rw'Abikorera (PSF). Muri iri murikagurisha, Akarere ka Rwamagana kagennye ahatangirwa serivise z'ubutaka nk'uburyo bwo kwegera abitabiriye iri murikagurisha bakeneye serivise zijyanye n'ubutaka, kubasobanurira igishushanyo mbonera gishya cy'imikoreshereze y'ubutaka cy'Akarere ndetse na politike y'Igihugu y'imitunganyirize y'Imijyi y'umwaka 2025.
Serivise z'ubutaka zitangirwa muri iri murikagurisha zisanzwe zitangirwa mu Mirenge, ku Biro by'Ubutaka mu Karere ndetse hari n'izitangwa na ba noteri b'ubutaka bikorera. Muri uyu mwaka biteganyijwe ko iri murikagurisha ribaye ku nshuro ya 14 mu Ntara y'Ibirasirazuba ritangizwa ku mugaragaro tariki 22Kanama 2025 rikazarangira kuwa 09 Nzeli 2025