Hon. Patricie Uwase Umunyamabanga wa leta muri MININFRA yasuye ibikorwa remezo by’amazi n’amashanyarazi

Hon. Patricie Uwase Umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’ibikorwa remezo(MININFRA) ari kumwe na Meya Mbonyumuvunyi  Radjab yasuye uruganda rutunganya umuriro ukomoka ku mirasire y'izuba rwa Rubona(Rubona Solar Power Plant); rufite ubushobozi bwo gutunganya umuriro w'amashanyarazi ungana na Megawatts 8.5 ku munsi. Uru ruganda rukoresha ibikoresho bikurura imirasire y'izuba(Solar panels) 30,000 biri ku buso bungana na Hegitari 17; ariko ubuso bwose bukorererwaho ibikorwa by'uruganda bungana na Hegitari 30.

Hon. Patricie Uwase yanasuye uruganda rutunganya amazi meza rwa Karenge rufite ubushobozi bwo gutunganya amazi angana na metero kibe 15,000 ku munsi. Gahunda ya leta ni ukurwagura rukagira ubushobozi bwo gutunganya metero kibe 48,000 ku munsi. Mu byifuzo yagejejweho harimo: Ikorwa ry’umuhanda wa kaburimbo unyura ku ruganda rutunganya umuriro ukomoka ku mirasire y'izuba rwa Rubona(Rubona Solar Power Plant), Ikorwa ry’umuhanda Rugende-Karenge  ndetse no kongera ingufu z’amashanyarazi ajya I Karenge.