Igihembwe cyo gutera ibiti 2024/2025 cyatangirijwe mu Karere ka Rwamagana
Kuri uyu wa 26/10/2024 mu Karere hakozwe Umuganda wanatangirijwemo igihembwe cyo gutera ibiti 2024/2025. Muri uyu muganda Minisitiri w'Ibidukikije Dr. Uwamariya Valentine, Guverineri w'Intara y'Iburasirazuba, Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, itsinda ry'abadepite bari mu Karere n'abandi bayobozi bifatanyije n'Ubuyobozi bw'Akarere ka Rwamagana n'abaturage mu Murenge wa Munyaga ahatewe ibiti mu Kagari ka Kaduha, ku nsanganyamatsiko igira iti: "Tera igiti, Ukibungabunge, Urengere Isi"
Minisitiri w'Ibidukikije yasabye abaturage gutera ibiti kubera akamaro bifitiye abantu; nk'ibivangwa n'imyaka kuko bifata ubutaka bikanakumira ibiza,iby'amashyamba ndetse n'iby'imbuto ziribwa bigaterwa cyane mu ngo, kubungabunga ibihari no kubyongera kugira ngo turengere Isi.
Muri iki gihembwe cyo gutera ibiti 2024/2025, mu Karere hazaterwa ibiti by'ishyamba 550,000 ku buso bwa hegitari 275, haterwe ibiti bivangwa n'imyaka 360,000 kuri hegitari 2400 hanaterwe ibiti by'imbuto ziribwa 30,000.
Guverineri w'Intara Bwana Pudence Rubingisa yibukije abaturage ko uyu munsi hanatangijwe icyumweru cyahariwe kuzigama, ku nsanganyamatsiko igira iti:
"Zigama, shora imari,witeze imbere", anashimira abaturage b'Akarere ka Rwamagana ku mwanya mwiza kariho kuko gafite abaturage benshi bazigama.
Muri uyu muganda kandi itsinda ry'abadepite bari mu Karere bifatanyije n'abaturage gutera ibiti; banabashimira ko babatoye,basaba abaturage gukomeza kugira uruhare mu bibakorerwa, kwita ku burezi bw’abana no gukomeza ibikorwa byo kongera umusaruro mu gihembwe 2025A.