Ikipe y'Akarere y'abagabo yongeye gutwara igikombe cya Shampiyona ya Goalball nyuma yo gutsinda imikino yose
Kuri uyu wa 30 Mata 2023 Ikipe y’Akarere y’abagabo ikina Goalball yitabiriye imikino ya nyuma ya Shampiyona ya Goalball,2022/2023 itsinze iy’Akarere ka Gisagara inaba iya mbere isoje itsinze imikino yose n’amanota 36 muri iri rushanwa ryitabiriwe n’amakipe 12.
Iyi kipe kandi yongeye gutwara igikombe cya Shampiyona ya Goalball nyuma yo gutsinda ikipe y’Akarere ka Gisagara ibitego 11-10 ku mukino wa nyuma. Umukinnyi Uwihirwe Ange ukinira ikipe ya Rwamagana ni we mukinnyi witwaye neza kurusha abandi, (MVP) muri Shampiyona ya Goalball 2022/2023.
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza, Madamu Mutoni Jeanne, wari waherekeje iyi kipe ya Goalball, yashimiye abakinnyi ku murava bakinanye bakaba bahesheje ishema Akarere ka Rwamagana ndetse bakaba banagaragaje ko nubwo bafite ubumuga hari ibyo bashoboye. Umuyobozi w’Akarere wungirije kandi yijeje abakinnyi ko ubuyobozi bw’Akarere buzakomeza kubaba hafi no gufatanya n’izindi nzego mu gukemura zimwe mu mbogamizi zikibangamiye abakinnyi bafite ubumuga.
Ikipe y’Akarere ya Goalball y’abagore kandi yaje ku mwanya wa 3 n’amanota 15. Akarere ka Rwamagana kakaba ari na ko konyine kari gafite ikipe y’abagabo n’iy’abagabo mu mikino ya nyuma ya Shampiyona ya Goalball.
Umukino wa nyuma wa Shampiyona ya Goalball 2022/2023 kandi wari wanitabiriwe n’Umuyobozi Mukuru ushinzwe iterambere rya siporo muri Minisiteri ya Siporo, Bwana Rwego Ngarambe, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’abantu bafite ubumuga, Umuyobozi wa Komite Paralympike (NPC) n’abandi bayobozi.