Minisitiri w'Uburinganire n'iterambere ry'umuryango yashimye umusanzu w'Urubuga rw'Abagore mu kubaka umuryango

Kuri uyu wa 13 Gicurasi 2025 Minisitiri w'Uburinganire n'Iterambere ry'Umuryango Mme Uwimana Consolee yasuye urugo rwitwa "Urubuga rw'Abagore" mu Kagari ka Ruhunda, ho mu Murenge wa Gishari rutangirwamo ubujyanama ku bagize umuryango, rukabatoza kwirinda amakimbirane no kurwanya ihohotera. 

Minisitiri Uwimana Consolee yashimye abahuriye muri uru rubuga ku musanzu batanga mu kubaka umuryango utekanye kandi ushoboye n'uruhare bagira mu kurwanya ihohoterwa binyuze mu nyigisho zihatangirwa kimwe n'abahuzwa n'inzego z'ubutabera abagize uruhare mu ihohotera bakabihanirwa.

Uru rubuga rw'Abagore rwo mu Kagari ka Ruhunda rwashyizweho mu bufatanye bw'Akarere n'umufatanyabikorwa Rwanda Women's Network, kugeza ubu hakaba habarurwa abantu bagera muri 512 rumaze kwakira n'ingo zabo zikaba zaravuye mu makimbirane.

Abagore bahurira muri uru rubuga, batangiye bakora amatsinda yo kwizigama no kugurizanya none kugeza ubu bari mu bucuruzi bw'imitako no kurimbisha ahabera ibirori bitandukanye, ibizwi nka “decoration” mu Murenge wa Gishari n'ahandi babona akazi bikaba bibafasha kubona amafaranga abafasha kwiteza imbere.