Mu Karere hatangijwe igihembwe cy'ihinga 2025A
Kuri uyu wa 28/9/2024 Umuyobozi w'Akarere Bwana Mbonyumuvunyi Radjab n'abandi bagize Inama Njyanama y'Akarere, Umuyobozi wa RAB /Station ya Rubirizi n'abayobozi b'inzego z'umutekano bifatanyije n'abaturage b'Imirenge ya Muhazi, Kigabiro na Gishari mu muganda rusange wo gutera ibigori mu gishanga cya Kavura ku buso bwa Ha14, ahanatangirijwe igihembwe cy'ihinga 2025A.
Mme Ayinkamiye Agnès uyobora RAB/Station Rubirizi, yasabye abahinzi guhinga ubutaka bwose bwakongera umusaruro no kuhira aho bishoboka, gukoresha inyongeramusaruro,gushyiraho uburyo bwo kubungabunga ubutaka no gukumira ingaruka z'ibiza no gushinganisha ibihingwa muri gahunda ya Tekana Muhinzi-Mworozi.
Igishanga cya Kavura gihingwa ku buso bwa Ha 82. Muri iki gihembwe 2025A ubutaka buhuje mu Karere buzahingwaho ibigori ku buso bwa Ha 17,082,ibishyimbo kuri Ha 15,703, soya kuri Ha 415, umuceri kuri Ha 420 n'imyumbati kuri Ha 833.Hazaterwa kandi ibiro 180,000 by'imbuto y'ibigori.
Nyuma y'Umuganda abaturage bakanguriwe gukora cyane no kubyaza umusaruro amahirwe ahari bakikura mu bucyene, kwita ku mutekano no kurwanya ibyaha, kwimakaza isuku hose no kubahiriza ingamba zashyizweho mu gukumira icyorezo cya Marburg no kwirinda indwara y'ubushita bw'inkende, buzwi nka MPOX.