Mu Karere hatangijwe igihembwe cyo gutera ibiti 2025/2026

Kuri uyu wa 25Ukwakira 2025 mu Karere hakozwe Umuganda rusange usoza ukwezi kw'Ukwakira wahujwe no gutangiza igihembwe 2025/2026 cyo gutera ibiti. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Intara Dr. Jeanne Nyirahabimana yifatanyije n'Ubuyobozi bw'Akarere, abayobozi b'inzego z'abafatanyabikorwa n'abaturage b'Umurenge wa Nyakariro batera ibiti 20,000 mu Kagari ka Rwimbogo kuri site y'impuzamashyamba (PFMU) ya Ryarulindo, ku buso bwa hegitari 10.

Nyuma y'uyu muganda, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Intara y'Iburasirazuba yaganirije abawitabiriye ku kamaro k'ibiti n'uburyo bifasha mu mibereho y'abantu, abasaba gutera ibiti byinshi no kubungabunga ibyatewe kugira ngo bibagirire akamaro bityo banagire uruhare mu kubungabunga ibidukikije n'urusobe rw'ibinyabuzima.

Muri iki gihembwe 2025/2026 mu Karere harateganywa guterwa ibiti bisaga 1,500,000; birimo ibiti bivangwa n'imyaka ku buso budahuje bigera kuri 1,020,050, hazaterwa ibiti bivangwa n'imyaka ku buso buhuje bungana na Ha 1600 no gusazura amashyamba y'abaturage ari ku buso bwa Ha 130. Abaturage bakanguriwe gufata ibiti aho byateguriwe hirya no hino mu tugari batuyemo no kubitera hakiri kare mu gihe hakiri imvura. Insanganyamatsiko y'uyu mwaka igira iti: "Igiti cyanjye, Umurage wanjye"

Abaturage kandi bakanguriwe gukora cyane bakiteza imbere, kwizigama, kunoza isuku no kuyimakaza ikaba umuco,kwitabira mituweli, kugira uruhare mu myigire y'abana, kugira uruhare mu kubungabunga umutekano, gukumira ibyaha no kwirinda gucukura amabuye y'agaciro badafite ibyangombwa.