Mu Karere hatangijwe ukwezi kwahariwe ubumwe n'ubudaheranwa
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 01 Ukwakira 2025 mu Karere hatangijwe ukwezi kwahariwe kuzirikana ubumwe n'ubudaheranwa. Mu Murenge wa munyaga, ahatangirijwe uku kwezi ku rwego rw'Akarere, Umuyobozi w'Akarere Mbonyumuvunyi Radjab yabwiye abaturage ko ari umwanya wo gusuzuma ibyagezweho no kwibukiranya uruhare rwa buri wese mu kwimakaza ubumwe n'ubudaheranwa bw'abanyarwanda.
Ukwezi kwahariwe ubumwe n'ubudaheranwa bw'abanyarwanda kuzibanda ku bikorwa bigamije gusuzuma ishyirwamubikorwa ry'ingamba zo gukemura ibibazo n'imbogamizi ku bumwe n'ubudaheranwa, gukumira no kurwanya ingengabitekerezo ya jenoside no kwimakaza indangagaciro z'umuco nyarwanda.
Mukakananura Geraldine, Akagari ka Rweru, yavuze ko uku kwezi gusanze yarababariye abamuhemukiye n'abamwiciye abanyamuryango muri jenoside yakorewe Abatutsi, ubu akaba yariyunze na bo nyuma y'amahugurwa y'isanamitima ya "Mvura Nkuvure". Mu Karere hari amatsinda ya Mvura Nkuvure agera kuri 90.
Uku kwezi kwezi kwahariwe kuzirikana ubumwe n'ubudaheranwa bw'abanyarwanda gufite insanganyamatsiko igira iti: "Twimakaze ubumwe n'ubudaheranwa", kuzasozwa tariki 31 Ukwakira 2025.