Mu Murenge wa Karenge hizihirijwe Umunsi Mpuzamahanga w'Amazi
Kuri uyu wa 22Werurwe2026 mu Karere hizihijwe Umunsi Mpuzamahanga w'amazi. Umuyobozi mukuru ushinzwe amazi n'isukura muri MININFRA Mme Gemma Maniraruta, Ms. Zsófia Antal uhagarariye Ambasade ya Hungary, Mwiseneza Maxime Marius, MD wa WASAC Utility Ltd n'abandi bafatanyabikorwa bifatanyije n'Ubuyobozi bw'Akarere n'abaturage b'Umurenge wa Karenge kuri uyu munsi wahariwe amazi.
Umunsi w'amazi wizihirijwe muri uyu Murenge mu gihe Uruganda rutunganya amazi rwa Karenge ruri kongererwa ubushobozi, ku bufatanye na Hungary n'abandi bafatanyabikorwa kugira ngo rutange m³ 48,000/umunsi ruvuye kuri m³ 12,000 rwatangaga mu Karere ka Rwamagana n'Umujyi wa Kigali.
Umuyobozi Mukuru ushinzwe amazi n'isukura muri Minisiteriy'Ibikorwaremezo, Mme Maniraruta Gemma yibukije ko umunsi nk'uyu ari uwo kuzirikana akamaro k'amazi kandi ko kugira amazi ari uburenganzira bwa buri wese nk'umutungo kamere w'Igihugu,kwiyemeza kuyabungabunga no kugabanya ingano y'amazi yangirika.
Ubutumwa bwatanzwe none bwibanze ku kamaro k'amazi mu buzima bw'abantu, isuku n'isukura kuri uyu munsi mpuzamahanga wahariwe amazi, wari ufite insanganyamatsiko igira iti: "Amazi n'uburinganire"