Musha: Hatangijwe umushinga wa Musha Survivors' Village
Kuri uyu wa 24/6/2025 Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Intara Dr. Jeanne Nyirahabimana , Perezida wa Ibuka mu Rwanda n'Umuyobozi wa Menzies Aviation n'abandi bifatanyije n'Ubuyobozi bw'Akarere mu gutangiza ku mugaragaro Umushinga wa Musha Survivors' Village no kubakira inzu 10 abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, mu rwego rwo gushyigikira gahunda ya Survivors in the Community -Intango y'Ubudaheranwa.
Ubuyobozi bw'Akarere kandi bwashyikirijwe inkunga ingana na FRW 1,000,000 yo kwishyurira umusanzu w'ubwisungane mu kwivuza abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye.